mardi 31 mai 2011

GATIGISIMU

1-Abakristu ni bantú?

Abakristu ni abemera Yezu Kristu, bagakurikiza inyigisho ze, kandi bakaba baravutse bundi bushya ku bw’amazi na Roho Mutagatifu, cyangwa bari munzira yabyo.

5-Yezu Kristu ninde?

Yezu Kristu ni Umwana w’Imana wigize umuntu, kugirango atumenyeshe byimazeyo Imana data udukunda twese, kandi ngo nitumara kurangiza umurimo dushinzwe hano ku isi, azatugeze mu bugingo bw’iteka.



7-Bibiliya ni iki?

Bibiliya ni igitabo Gitagatifu cy’Ijambo ry’Imana; kirimo ibitabo by’Isezerano rya Kera n’Irishya.

9-Nemera Imana imwe bivuga iki?

Nemera Imana imwe bivuga ko twemera rwose ko hariho Imana imwe rukumbi, yo Rukundo n’Isoko y’ubugingo, tukemera no kuyiyoboka igihe cyose.

10-Ese abantu bose bashobora kumenya Imana?

Yee!Abantu bose bashobora kumenya Imana, bitegereza ibyo yaremye kandi bumvira ijwi ry’umutimanama wabo. (Reba Rom. 1, 19-20).

11-Ese abasekuruza bacu bari bazi byinshi byerekeye Imana?

Yee! Abasekuruza bacu bari bazi byinshi byerekeye Imana, kuko bayitaga Rurema, Rugira cyangwa Iyakare, n’andi mazina meza. Ariko bari bataramenya Umwana  wayo Yezu Kristu, We woherejwe mu bantú kubahishurira no kubamenyesha Imana Se n’urukundo rwe, kandi bari bataramenya Roho Mutagatifu uturuka ku Mana Data na Mwana.